00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 30 Nyakanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 30 July 2026 saa 12:00
Yasuwe :

Turi ku wa 30 Nyakanga 2025.
Ni umunsi wa 211 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 154 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.
Ni Umunsi Mpuzamahanga w’Ubucuti, himakazwa amahoro n’ubwumvane.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
2002: U Rwanda na RDC byashyize umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano. Igikorwa cyabereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho u Rwanda rwemeye kuvana ingabo zarwo muri RDC, RDC na yo yemera kurandura FDLR nubwo itabishyize mu ngiro.
2006: Israel (…)

Turi ku wa 30 Nyakanga 2025.

Ni umunsi wa 211 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 154 ngo uyu mwaka ugere ku musozo.

Ni Umunsi Mpuzamahanga w’Ubucuti, himakazwa amahoro n’ubwumvane.

Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

2002: U Rwanda na RDC byashyize umukono ku masezerano yo guhagarika imirwano. Igikorwa cyabereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho u Rwanda rwemeye kuvana ingabo zarwo muri RDC, RDC na yo yemera kurandura FDLR nubwo itabishyize mu ngiro.

2006: Israel yagabye ibitero by’indege muri Liban, ibitero byahitanye abasivili 28 barimo abana 16.

2012: U Buhinde bwibasiwe n’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi, bishyira abarenga miliyoni 600 mu kizima, bifatwa nka rimwe mu ibura ry’umuriro rikomeye ryabayeho mu mateka y’Isi.

2024: Inkangu zibasiye agace ka Kerala mu Buhinde abantu barenga 420 bahasiga ubuzima.

Mu muziki

2010: Abahanzi bari bahuriye mu Itsinda rya P Square ryo muri Nigeria, bakoreye i Lagos igitaramo gikomeye bise “The Invasion Concert.”

2023: I Bujumbura mu Burundi, umuhanzi Bruce Melodie yataramiye ibihumbi by’abari bitabiriye ibirori byo gusoza irushanwa rya Primusic ryegukanywe na Ndereyimana Francis Destin.

Abavutse

1947: Havutse Arnold Schwarzenegger wubatse izina mu gukina filimi aho yanabaye Guverineri wa Californie.

1960: Havutse Senateri Donatille Mukabalisa wamenyekanye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda.

1999: Joey King, umukinnyi wa filimi ukomoka muri Amerika.

Abapfuye

1930: Joan Gamper, Umusuwisi washinze Ikipe ya FC Barcelone muri Espagne.

2009: Mohammed Yusuf, umunya-Nigeria washinze umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages