Turi ku wa 5 Mata 2026.
Ni Umunsi Mpuzamahanga wo gukoresha Umutimanama n’inyurabwenge.
Ibi ni bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka
1955: Winston Churchill yabaye Minisitiri w’Intebe mu Bwongereza.
1992: Muri Thailand General Suchinda Kraprayoon yabaye Perezida w’igihugu.
2009: Korea ya Ruguru yazamuye mu isanzure icyogajuru cya Kwangmyŏngsŏng-2 kitavuzweho rumwe by’umwihariko ku bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi.
2010: Abantu 29 bahitanwe n’iturika ryabereye ahacukurwaga nyiramugengeri muri Leta ya Virginie muri Amerika.
2010: Abagera kuri 50 baguye mu bitero bibiri by’ubwiyahuzi muri Pakistan, abandi 100 barakomereka.
Mu muziki
2002: Ubwo yari afite imyaka 12, Taylor Swift yaririmbye Indirimbo yubahiriza igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mbere y’umukino wari ugiye guhuza amakipe ya 76ers na Detroit Pistons; kimwe mu bikorwa binini byamufunguriye amarembo mu muziki we.
Abavutse
1947: Gloria Macapagal Arroyo wabaye perezida wa 14 wa Philippines.
1976: Simone Inzaghi wamenyekanye ubwo yakinaga umupira w’amaguru ubu akaba umutoza wawo mu Ikipe ya Inter Milan.
Abapfuye
2012: Bingu wa Mutharika wabaye perezida wa gatatu wa Malawi.
2014: Peter Matthiessen, Umunyamerika uri mu bashinze Ikinyamakuru The Paris Review.
2020: DJ Miller wari umaze kumenyekana mu kuvanga imiziki mu Rwanda yitabye Imana.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!