00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tariki ya 17 Nyakanga

Yanditswe na

SHIKAMA Dioscore

Kuya 17 July 2023 saa 07:30
Yasuwe :

Tariki ya 17 Nyakanga ni umunsi w’ijana na mirongo icyenda n’icyenda mu minsi igize umwaka, hasigaye iminsi ijana na mirongo itanu n’icyenda ukagera ku musozo.

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

180: Mu Gace ka Scillium mu Majyaruguru ya Afurika, abantu 12 barishwe bazira ko bafite imyemerere ya gikirisitu.

1976: Hatangiye kuba impinduramatwara muri Iraq, ubwo Abdul Rahman Arif yakurwaga ku butegetsi, igasimburwa n’Ishyaka Arab Socialist Ba’ath Party, umuntu agenekereje mu Kinyarwanda ni umutwe wa Politiki w’izuka cyangwa se ivuka rya kabiri. Iki gihugu cyahise kijya mu maboko mashya ya Perezida Ahmed Hassan al-Bakr.

1976: Intara ya Timor y’Iburasirazuba, yongewe ku zigize Indonésie, ihita iba intara ya 27 y’iki gihugu.

Uretse ko muri ibi bihe, Timor y’Iburasirazuba yabonye ubwigenge, mu 2002 tariki 20 Gicurasi, ndetse muri Nzeri uwo mwaka (20020 ihita yinjira mu banyamuryango b’Umuryango w’Abibumbye).

1998: Papua New Guinea, yibasiwe n’umutingito utoroshye uvanze na tsunami, bisenya mu buryo bukomeye insisiro 10 ndetse abantu barenga 3000 bahatakariza ubuzima, abandi barenga 2000 bava mu byabo.

1998: Inama yahuje abadipolomate, yemeye ishyirwaho ry’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ruburanyisha ibyaha bya Jenoside, iby’intambarara n’ibindi byibasira inyoko muntu. Hagendewe ku masezerano ya Roma, areba ibyaha mpuzamahanga.

Bamwe mu bavutse uyu munsi

1744: Elbridge Gerry, wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

1939: Seyed Ali Hoseyni Khāmene’i, yari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran. Yabaye Perezida wa Iran guhera mu 1981 kugera mu 1989, nyuma muri Kamena yabaye umuyobozi w’ikirenga w’iki gihugu.

1977: Lehmber Hussainpuri, umuririmbyi w’ikirangirire ukomoka mu Buhinde.

Bamwe mu batabarutse uyu munsi

2003: David Kelly, Umugenzuzi w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye n’ibisasu bya kirimbuzi.

2005: Edward Heath, wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Uyu munsi mu mateka y’u Rwanda:

1994: Tariki ya 17 Nyakanga, Ingabo zahoze ari RPA zabohoye Umujyi wa Gisenyi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages