Abapolisi 10 bishwe n’abantu bitwaje intwaro naho abandi 10 barakomereka bikomeye mu gihugu cya Kenya.
Amakuru dukesha ikinyamakuru the standard avuga ko ibi byabereye mu majyaruguru y’igihugu cya Kenya mu gace ka Baragoi.
Ben Makori, umuyobozi mukuru wa Baragoi yatangaje ko batanu mu bakomeretse bakomeje kuvurirwa mu bitaro bya Baragoi, naho abandi batanu bakomeretse bikomeye bakaba bajyanywe mu bitaro i Nairobi.
Polisi ya Kenya ifatanyije n’igisirikare bakomeje gushakisha ababa bakoze ibi, na cyane ko ubwicanyi mu gace ka Baragoi bukomeje gufata indi ntera.
Mu byumweru bibiri bishize abandi baturage ba Kenya bagera kuri 12 bari baguye muri aka gace barashwe n’abantu batamenyekanye.
Nyuma y’ubu bwicanyi Polisi ya Kenya yafashe umuntu umwe ukekwaho ubu bwicanyi, uyu mugabo watawe muri yombi akaba yafatanywe ibikoresho bibikwamo amasasu ( magazine) bigera kuri 12.
Agace ka Baragoi gakunda kurangwamo amakimbirane hagati y’amoko abiri y’aba Turkana n’aba Samburu.



















TANGA IGITEKEREZO