Ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo, African National Congress (ANC), kuri iki cyumweru hatangiye inama y’ishyaka hazatorerwamo umuyobozi mushya waryo.
Ubusanzwe ishyaka ANC ryayoborwaga na Perezida Jacob Zuma, ku buyobozi ari guhatana na Kgalema Motlanthe wari umwungirije.
Inama itorerwamo umuyobozi mukuru w’ishyaka rya ANC iba buri myaka itanu, ikabera ahitwa Manguang aho ryashingiwe..
Abantu ibihumbi bitanu bitabiriye inama ni bo bemerewe gutora.
Ayo matora y’ishyaka arakomeye, kuko uyatsinze aba afite icyizere cyose cyo kuba Perezida wa Afurika y’Epfo. Ishyaka RNC ryiganje mu Nteko Ishinga Amategeko kandi ni ho Perezida wa Afurika y’Epfo atorerwa.
Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza ishyaka rya ANC rishinjwa kurya ruswa, kandi no mu itangazamakuru Perezida Zuma yagiye avugwaho gukoresha amafaranga ya Leta mu gusana inzu ye.
Perezida Zuma ariko yizeye gutsindira kuyobora ANC bizamuha kongera kuyobora indi manda.
Inama yatangiye y’ishyaka rya RNC ni iya 53 , izamara iminsi itanu.
Ku i



















TANGA IGITEKEREZO