Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, biratangaza ko Nelson Mandela wabaye Perezida w’iki gihugu ari kuvurwa indwara y’ibihaha.
Mandela wajyanywe mu bitaro ku wa gatanu ushize, iyi ikaba ari yo nkuru ya mbere itangajwe ku buzima bwe n’indwara arwaye.
Mandela w’imyaka 94 biravugwa ari gufata imiti neza, leta ikaba isaba Abanyafurikayepfo kudaterwa ubwoba n’ubu burwayi bwe.
Gusa abantu baracyari mu rujijo ku buzima bwa Mandela, kuko n’ubwo hatanzwe amakuru ku cyo arwaye hatavuzwe uko ubuzima buhagaze. Mu myaka ibiri ishize, hari abatewe impungenge nanone n’uburwayi bujyanye n’imyanya y’ihumeka.
Mandela yigeze kuvurwa indwara y’igituntu ubwo yari muri gereza ya Robben Island. Yabaye umukuru w’igihugu wa mbere w’umwirabura muri Afurika y’epfo mu 1994, nyuma yo kuva mu munyururu yari amazemo imyaka 27 kubera guharanira uburenganzira bw’abirabura muri Afurika y’epfo.
Source: BBC



















TANGA IGITEKEREZO