00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Mandela ari kuvurwa indwara y’ibihaha

Yanditswe na

Emile Nsabimana

Kuya 12 December 2012 saa 08:24
Yasuwe :

Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, biratangaza ko Nelson Mandela wabaye Perezida w’iki gihugu ari kuvurwa indwara y’ibihaha.
Mandela wajyanywe mu bitaro ku wa gatanu ushize, iyi ikaba ari yo nkuru ya mbere itangajwe ku buzima bwe n’indwara arwaye.
Mandela w’imyaka 94 biravugwa ari gufata imiti neza, leta ikaba isaba Abanyafurikayepfo kudaterwa ubwoba n’ubu burwayi bwe.
Gusa abantu baracyari mu rujijo ku buzima bwa Mandela, kuko n’ubwo hatanzwe amakuru ku cyo arwaye hatavuzwe uko (…)

Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo, biratangaza ko Nelson Mandela wabaye Perezida w’iki gihugu ari kuvurwa indwara y’ibihaha.

Mandela wajyanywe mu bitaro ku wa gatanu ushize, iyi ikaba ari yo nkuru ya mbere itangajwe ku buzima bwe n’indwara arwaye.

Mandela w’imyaka 94 biravugwa ari gufata imiti neza, leta ikaba isaba Abanyafurikayepfo kudaterwa ubwoba n’ubu burwayi bwe.

Gusa abantu baracyari mu rujijo ku buzima bwa Mandela, kuko n’ubwo hatanzwe amakuru ku cyo arwaye hatavuzwe uko ubuzima buhagaze. Mu myaka ibiri ishize, hari abatewe impungenge nanone n’uburwayi bujyanye n’imyanya y’ihumeka.

Mandela yigeze kuvurwa indwara y’igituntu ubwo yari muri gereza ya Robben Island. Yabaye umukuru w’igihugu wa mbere w’umwirabura muri Afurika y’epfo mu 1994, nyuma yo kuva mu munyururu yari amazemo imyaka 27 kubera guharanira uburenganzira bw’abirabura muri Afurika y’epfo.

Source: BBC


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages