Polisi muri Afurika y’epfo iratangaza ko yaburijemo umugambi wo gutega igisasu ahantu ahabera inama nkuru y’ishyaka ANC riri ku butegetsi.
Umuvugizi wa Polisi avuga ko abazungu bane bagendera ku matwara akaze batawe muri yombi, kandi ko abo bagabo bari bafite umugambi wo gutega igisasu muri rimwe mu mahema ari kuberamo inama nkuru ya ANC.
Abayoboke ba ANC bagera ku bihumbi bitanu bagomba gutora umukuru mushya w’iri shyaka n’abandi bayobozi bakuru b’inzego zaryo.
Uwungirije Perezida wa Afurika y’epfo Kgalema Montlanthe na Perezida Jacob Zuma ni bo bahatanira uwo mwanya wo kuyobora iryo shyaka.
Uzatorwa kuyobora iryo shyaka yizeye ko ashobora gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2014.
Source: BBC



















TANGA IGITEKEREZO