00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo yibutse abacukuzi b’amabuye y’agaciro baguye mu mvururu

Yanditswe na

Emmanuel Kanamugire

Kuya 24 August 2012 saa 01:20
Yasuwe :

Kuri uyu wa 23 Kanama muri Afurika y’Epfo hose habereye imihango yo kwibuka abantu 44 bahitanywe n’imvururu, ku kaboze bakoraga muri kimwe mu birombe binini bicukurwamo ubutare bwa platiniumu.Izi mvururu zatangiye ku wa 10 Kanama uyu mwaka, abacukuzi basaba kongererwa umushahara.
Abacukuzi b’amabuye 44 bishwe na Polisi ibamishaho amasasu ku wa 16 Kanama ku kirombe cya platinium giherereye i Marikana, Intara y’Amajyaruguru y’u Burengerazuba bw’Igihugu. Polisi ivuga ko yabarashe mu rwego (…)

Kuri uyu wa 23 Kanama muri Afurika y’Epfo hose habereye imihango yo kwibuka abantu 44 bahitanywe n’imvururu, ku kaboze bakoraga muri kimwe mu birombe binini bicukurwamo ubutare bwa platiniumu.Izi mvururu zatangiye ku wa 10 Kanama uyu mwaka, abacukuzi basaba kongererwa umushahara.

Abacukuzi b’amabuye 44 bishwe na Polisi ibamishaho amasasu ku wa 16 Kanama ku kirombe cya platinium giherereye i Marikana, Intara y’Amajyaruguru y’u Burengerazuba bw’Igihugu. Polisi ivuga ko yabarashe mu rwego rwo kwitabara.

Muri izo mvururu hari haguyemo abandi bantu 10 barimo n’abapolisi babiri.
Nk’uko Al Jazeera dukesha iyi nkuru ibitangaza, ubuyobozi bw’ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo (ANC) ni ryo ryateguye uyu muhango. Abacukuzi b’amabuye n’imiryango yabo bakaba batangarije ubuyobozi bw’iri shyaka ko ntawe ukwiye kubahata kubyitabira, ahubwo ko bagomba kwibuka ubwabo.

Ababikurikiranira hafi bavuga ko izi mvururu zabyaye intambara ya politiki ishyamiranya abaturage na Leta, kandi abaturage banenga cyane uko Leta yitwaye mu gukemura ikibazo.

Perezida w’Afurika y’Epfo ntiyegeze yitabira uyu muhango. Naho Julius Malema umuyobozi wirukanywe muri ANC umuhango wo kwibuka yawukoze ku giti cye kandi awukorera hafi y’aho umuhango wateguwe na Leta wakorewe.

Imvururu zatangiye ubwo abakozi bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro basabaga kongererwa imishahara, nyuma biza guhindura isura ubwo Polisi yarasanaga n’abacukuzi bari bitwaje intwaro.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages