Abicwa n’iki cyorezo bari kwiyongera ku muvuduko mwinshi kuko wavuye ku 1000 urenga 2000 mu gihe kitageze ku kwezi. Ni mu gihe Ebola yibasiye iki gihugu hagati ya 2018 na 2020, kugira ngo yice abantu 2000 byafashe igihe kirenga umwaka.
Iki cyorezo giterwa n’ubwoko bwa virusi buzwi nka Bundibugyo. Kugeza ubu ntiharaboneka umuti cyangwa urukingo byacyo, icyakoze ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS) riri gukora igerageza.
Umuyobozi wa OMS muri Afurika, Dr. Mohamed Janabi, ku wa 10 Kanama yabwiye abanyamakuru ko kuba iki cyorezo cyaratahuwe hashize igihe kiri mu baturage biri mu bituma kugikumira bigorana.
Dr. Janabi yagize ati “Turi kwirukankana iki cyorezo, icyorezo kiri imbere yacu.”
Ebola ya Bundibugyo yatangajwe muri RDC tariki ya 15 Gicurasi 2026. Ubu imaze kugaragara mu Ntara ya Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Tshopo na Haut-Uélé, ndetse hari impungenge ko ishobora kuba yarageze mu bindi bice kubera ko yatahuwe itinze.
Isesengura ryakozwe ryagaragaje ko kugeza ku wa 9 Kanama, iki cyorezo cyicaga ku rugero rwa 45,9%. Gukurikirana abantu bahuye n’abanduye byo byari kuri 86,7%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!