Umuhango wo kwinjiza aba bakomando muri AFC/M23 wayobowe n’abayobozi bakuru bo muri iri huriro ku rwego rwa gisirikare barimo Umugaba Mukuru waryo, Gen Maj Sultani Makenga, ku wa 20 Nyakanga 2026.
Gen Maj Makenga yatangaje ko ubutegetsi bwa RDC bwica abasivili, bufatanyije n’imitwe y’ingabo zirimo iz’u Burundi, umutwe w’iterabwoba wa FDLR ndetse n’ihuriro Wazalendo, AFC/M23 ikaba iri kurwana kugira ngo ihagarike ubu bwicanyi.
Yasabye abakomando bashya binjiye muri AFC/M23 kujya kwifatanya na bagenzi babo bari ku rugamba kurwanira abaturage no kugarura amahoro n’umutekano kugira ngo n’abahunze bazasubire mu ngo zabo; biteze imbere.
Uyu murwanyi yasobanuriye aba bakomando ko imikorere yabo igomba gutandukana n’iy’igisirikare cya RDC, kimenyereweho kwiba, gufata ku ngufu no kwica abaturage b’inzirakarengane, bo bakagira imyitwarire myiza.
Gen Maj Makenga yagize ati “Twitangire bene wacu, twitangire igihugu cyacu, twitangire umuryango. Nimukora ibyo, bizabahesha ishema kuko muzaba mubohora igihugu cyanyu, mubohora abavandimwe banyu, mubohora Abanye-Congo muri rusange.”
Yabasobanuriye ko intego nyamukuru AFC/M23 ifite ari ugukuraho ubutegetsi bubi, ikabusimbuza ubwiza, kandi ko kugira ngo ibyo bishoboke bisaba ko bagira imyitwarire myiza, bakiyubaha kandi bakubaha abaturage.
Muri Nzeri 2025, na bwo AFC/M23 yungutse abakomando bashya 7437 n’abandi 9350 bayinjiyemo mu Ukwakira uwo mwaka. Abo barimo abahoze ari abasivili, abahoze mu ngabo za RDC no muri Wazalendo bemeye kwiyunga kuri iri huriro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!