00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AFC/M23 yahagurukiye ikibazo cy’inkongi zikomeje kwibasira Bukavu

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 15 September 2026 saa 10:38
Yasuwe :

Ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23 bwahamagaje inama yaguye y’umutekano i Bukavu igamije gushakira ibisubizo ikibazo cy’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zihitana abantu ndetse zigateza igihombo gikomeye muri uyu mujyi.

Iyi nama yabaye tariki ya 14 Nzeri 2026, iyoborwa n’Umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa, ari kumwe n’umwungirije ushinzwe ibya politiki, imiyoborere, ubutabera na dipolomasi, Bertrand Bisimwa, ndetse na Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo, Patrick Busu Bwa Ngwi Nshombo.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje akababaro batewe n’inkongi iherutse kwibasira Bukavu tariki ya 10 Nzeri, igahitana abagera kuri 27 biganjemo abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye.

Harebwe impamvu zishobora kuba zituma inkongi zikomeza kwiyongera, zirimo ubucucike bukabije bw’inzu, imiturire itubahirije amategeko, imihanda itagera ahantu hose, imiyoboro y’amashanyarazi itubahirije amabwiriza ndetse n’ubushobozi budahagije bwo gutabara.

Nyuma y’inama, hafashwe imyanzuro irimo gutegura no kongera ubushobozi bw’ibikoresho byo kuzimya inkongi, gushyiraho uburyo bwihuse bwo gutanga amakuru y’ahabaye impanuka no kongera ubushobozi bw’inzego zishinzwe ubutabazi.

Hatanzwe kandi amabwiriza yo kwita by’umwihariko ku mashuri ari mu bice bishobora kwibasirwa n’inkongi, hakagenwa uburyo bwo kwimura abanyeshuri mu gihe habaye ikibazo ndetse no kubigisha uburyo bwo kwitwara mu bihe by’impanuka.

Abitabiriye iyi nama bagaragaje ko ari ngombwa gukora ikarita igaragaza ahantu hashobora kwibasirwa cyane n’inkongi, kubungabunga imihanda yagenewe ubutabazi no kugaragaza ahatagomba gukorerwa ibikorwa by’ubwubatsi.

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amashanyarazi (SNEL) n’izindi nzego bireba zasabwe gukaza igenzura ku miyoboro y’amashanyarazi itemewe n’amategeko ndetse no kugenzura uburyo ibikoresho by’imirasire y’izuba bishyirwa ku nzu.

Hateganyijwe kandi ubukangurambaga mu baturage ku kwirinda inkongi, gukoresha kizimyamwoto, gutanga ubutabazi bw’ibanze ndetse no kwirinda ingaruka z’inkongi zituruka ku miyoboro y’amashanyarazi yubatswe nabi.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 bwashimangiye ko gukumira inkongi atari inshingano z’inzego z’ubutabazi gusa, ahubwo bisaba n’imikoranire y’inzego z’ubuyobozi, iz’imiturire n’izishinzwe amashanyarazi.

Bwasabye inzego zirimo igisirikare, polisi, abayobozi b’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage gufatanya mu gukumira izindi mpanuka no kurinda ubuzima bw’abatuye Bukavu.

Inkongi y'umuriro yibasiye inzu n'amashuri i Bukavu, yica abantu 27 biganjemo abanyeshuri
Nangaa n'abandi bayobozi bo mu zindi nzego zitandukanye za AFC M23 bafashe ingamba zo gukumira inkongi mu Mujyi wa Bukavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages