Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 8 Mata 2026, drone y’ingabo za Leta ya RDC yarashe ahatuwe cyane mu gace ka Nyabiondo muri teritwari ya Masisi.
Kanyuka yagize ati "Habura iminsi ngo hatangire icyiciro gishya cy’ibiganiro by’amahoro bya Doha, iki gitero cyangije byinshi, gisenya inzu z’abasivili, kibuza amahwemo imiryango myinshi y’inzirakarengane.”
Ku wa 7 Mata na bwo AFC/M23 yashinje ingabo za RDC, iz’u Burundi, Wazalendo, FDLR n’abacanshuro kugaba ibindi bitero mu duce two muri teritwari ya Kalehe, Minembwe no muri Masisi, abaturage barapfa, abandi barahunga, hangirika byinshi.
AFC/M23 yatangaje ko uretse kurenga kenshi ku masezerano y’agahenge, Leta ya RDC yanze kurekura imfungwa zayo zifungiwe binyuranyije n’amategeko muri gereza zitandukanye mu gihugu.
Iri huriro rishinja Leta ya RDC kwanga kurekura izi mfungwa mu gihe mu ntangiriro za Werurwe 2026, ryo ryemeye kurekura abasirikare 5000 ba Leta ryafatiye mu rugamba rwabereye mu mujyi wa Goma muri Mutarama umwaka ushize.
AFC/M23 kandi yibutsa umuryango mpuzamahanga ko yemeye ko abasirikare n’abapolisi 1359 bari barahungiye mu bigo by’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye boherezwa i Kinshasa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!