00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Burundi: Umusore udafite ibiti bya avoka ntiyemerewe kurongora

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 May 2026 saa 12:59
Yasuwe :

Umuyobozi wa Komini Muyinga, Intara ya Buhumuza iri mu burasirazuba bw’u Burundi, Misago Amédée, yatanze itegeko ribuza abasore badafite inzu n’imirima gushaka abagore.

Itangazo yashyizeho umukono tariki ya 18 Gicurasi 2026, rivuga ko yafashe iki cyemezo kugira ngo Abarundi bakore bivuye inyuma, u Burundi buzabe igihugu cyifashije mu 2040, kandi giteye imbere mu 2060.

Uyu muyobozi yamenyesheje abasore n’inkumi ko batemerewe gushakana binyuranyije n’amategeko kandi ko abazarenga kuri iri tegeko bazahanwa.

Ku basore bashaka kubaka ingo, Misago yabamenyesheje ko ababyemerewe ari abafite inzu zubatse neza, uko zaba zingana kose, zaba zisakajwe amabati cyangwa se amategura, kandi ko zigomba kuba zirimo ‘matelas’ zo kuraraho.

Misago yamenyesheje aba basore kandi ko nta wemerewe gushaka umugore adafite umurima urimo byibura ibiti 10 bya avoka na 100 by’ikawa ndetse n’ibindi bihingwa.

Yasobanuye ko abadakora ubuhinzi, basabwa kwerekana umutungo uva mu byo bakora nk’ikimenyetso cy’uko bazashobora kubaho mu rugo rushya.

Misago yamenyesheje inkumi zitegura gushaka ko zigomba gukora imirimo iziteza imbere kugira ngo zizunganire abo bazashakana, azibutsa ko urugo ari urwa babiri.

Umuyobozi wa Komini Muyinga yatangaje ko yafashe iki cyemezo nyuma y’inama zitandukanye n’abayobozi bo mu nzego z’ibanze, zari zijyanye no gukangurira abaturage gukora cyane.

Guhera ku wa 18 Gicurasi 2026, nta musore w'i Muyinga wemerewe gushaka adafite inzu n'umurima wa avoka n'ikawa
Misago Amédée yasobanuye ko yafashe iki cyemezo kugira ngo Abarundi bashishikarire gukora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages