Kuri uyu wa 4 Nyakanga 2026, Abanyarwanda bizihije ku nshuro ya 32 umunsi mukuru wo kwibohora, bashima ingabo za RPA zari ziyobowe na Perezida Paul Kagame zabohoye iki gihugu ku wa 4 Nyakanga 1994.
Perezida Kagame yashimiye ingabo za RPA zagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangiye tariki ya 1 Ukwakira 1990, ku bw’ubwitange n’ubutwari zagize bwahinduye amateka y’igihugu, bamwe barutakarizamo ubuzima.
Gen Muhoozi mu butumwa bwe, yavuze ko uyu munsi ari uwo kwishimira ubutwari n’ubuyobozi bufite icyerekezo burangajwe imbere na Perezida Kagame n’iterambere igihugu kimaze kugeraho mu myaka 32 ishize.
Yagize ati "Uyu ni umunsi wo kwishimira ubutwari, ubuyobozi bufite icyerekezo buyobowe na Perezida Paul Kagame n’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 32 ishize."
Gen Muhoozi afata Perezida Perezida Kagame nk’umwe mu bayobozi b’icyitegererezo. Akenshi amwita Se wabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!