Umuvugizi w’agateganyo wa UPDF, Col Chris Magezi, yatangaje ko amakuru avuga ko iki gisirikare cyakuye kuri iyi ngoro abarinzi ari ibinyoma, ndetse ko abo mu muryango w’Umwami batigeze bategekwa kutahasohoka cyangwa ngo bahafungirwe.
Iki gisirikare kandi cyavuze ko kitagize uruhare mu bikorwa byo gutegura uzasimbura Umwami wa Tooro, kuko ari ikibazo kigengwa n’inzego z’ubwami.
Gusa UPDF yavuze ko, kubera uburemere bw’ibirori byo kunamira Umwami Oyo, umubare munini w’abateraniye ibwami n’ibibazo by’umutekano bikomoka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hafashwe icyemezo cyo kongera ingabo zirinda ingoro n’uduce tuyikikije.
Col Magezi yavuze ko hashyizweho uburyo bwo kugenzura abinjira n’abasohoka, harimo gusaka no kugenzura abagera ahateraniye abantu benshi, hagamijwe kurinda umutekano w’abaturage n’abasura ingoro.
Iri tangazo rije nyuma y’aho Umugabekazi wa Tooro, Best Kemigisa, agaragaje impungenge ku bijyanye n’umutekano n’imikorere y’ingoro nyuma y’itanga ry’Umwami Oyo wari ufite imyaka 34.
UPDF kandi yavuze ko Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Kayanja Muhanga, yasuye ingoro kugira ngo yifatanye n’umuryango w’ubwami mu kunamira Oyo ndetse anagenzure imirimo yo kubaka imva iri gukorwa n’abasirikare.
Igisirikare cya Uganda cyagaragaje ko kizakomeza gukorana n’izindi nzego z’umutekano mu kurinda ituze, umutekano n’ubwisanzure bw’abazitabira imihango yo gusezera ku Mwami wa Tooro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!