ECDC yagaragaje ko imibare yageze ku kigero kitize kibaho mu myaka 10 yari ishize kugeza 2024. Abarwaye imitezi bageze ku 106.331 bingana n’inyongera ya 303% ugereranyije n’uko imibere yari imeze mu 2015.
Ni mu gihe abarwaye mburugu bikubye nka kabiri mu myaka 10 bagera ku 45.557.
ECDC yavuze ko icyuho kijyanye no kwipimisha izi ndwara no kuzirinda bikomeje guteza ibibazo cyane byo kwiyongera kw’iyi ndwara.
Umuyobozi muri ECDC ushinzwe indwara zandura,Bruno Ciancio yagize ati “Ibi ndwara zishobora gutera ibibazo ububabare, ubugumba ku barwara imitezi n’ibibazo by’umutima n’ubwonko kuri mburugu.”
Yakomeje ati “Gukora imibonano mpuzabitsina ikingiye ni ngenzi. Gukoresha agakingirizo no kwisuzumisha mu gihe wabonye ibimenyetso, ni ingenzi.”
Espagne ni yo ifite umubare munini w’abanduye imitezi na mburugu mu 2024, aho bari 37.169 na 11.556 uko bikurikiranwa.
Abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina ni bo bageramiwe kurusha abandi. Abagore baryamana n’abo badahuje ibitsina bari mu kigero cyo kubyara na bo izi ndwara zibamereye nabi.
Mu Bwongereza na ho imibare yaratumbagiye kuko mu 2024 abarwaye imitezi bari 71.802 mu gihe abarwaye mburugu bari 9.535. Mu 2025 u Bwongereza bwatangije urukingo rw’imitezi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!