00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intandaro y’amasasu yumvikanye hafi y’ibiro bya Tshisekedi

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 July 2026 saa 11:50
Yasuwe :

Abatuye hafi y’igice cya ‘Cité de l’OUA giherereyemo ibiro bya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo baraye bumva urusaku rwinshi rw’amasasu, bashya ubwoba.

Aya masasu agitangira kumvikana muri iki gice kiri muri Komini Ngaliema mu Mujyi wa Kinshasa, abenshi ntibari bazi ibiri kuba, ariko byacaga amarenga ko umutekano w’ibiro bya Leta bihaherereye utizewe.

Nyuma y’igihe kiri hafi y’isaha aya masasu atangiye kumvikana, byamenyekanye ko yarashwe ubwo imfungwa zirenga 30 zageragezaga gutoroka Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari buzifungiye muri kasho yabwo muri Ngaliema.

Abasirikare bo mu mutwe urinda abayobozi bakuru (GR) ni bo bashakishije imfungwa zatorotse, kandi bivugwa ko bafashe nyinshi, babasubiza muri kasho.

Umwe mu bafashwe yagaragaye yakomeretse, amaboko n’umupira we biriho amaraso. Yumvikana atakambira abasirikare bamwicaje hasi, bamuhata ibibazo.

Byageze mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Nyakanga 2026, aba basirikare bagishakisha imfungwa zitaraboneka kugira ngo bazisubize muri kasho.

Mu ijoro ryakeye, i Kinshasa humvikanye amasasu menshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages