Amerika na Kenya bimaze iminsi mu biganiro bigamije ubufatanye mu gukumira icyorezo cya Ebola kiri gukwirakwira byihuse mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri.
Ibi bihugu byombi byumvikanye ko Amerika izashyira muri Laikipia ikigo izajya yakiriramo Abanyamerika bakekwaho Ebola, baba abazaba baturutse muri RDC cyangwa mu bindi bihugu by’akarere, bitabweho n’abaganga b’Abanyamerika.
Tariki ya 28 Gicurasi 2026, Umucamanza Patricia Nyaundi, yatangaje ko Urukiko Rukuru rwa Nairobi rwakiriye ikirego cyatanzwe n’umuryango Katiba Institute uharanira iyubahirizwa ry’amategeko, urusaba ko rwahagarika ishingwa ry’iki kigo muri Kenya.
Uyu mucamanza yanzuye ko gahunda yo gushyira iki kigo muri Laikipia ihagaritswe by’agateganyo mu gihe hategerejwe ibizava mu rubanza rwa Katiba Institute ruteganyijwe ku wa 2 Kamena.
Leta ya Kenya yatangaje ko gahunda yo kubaka iki kigo muri Laikipia izakomeza n’ubwo urukiko rwitambitse ishingwa ryacyo.
Nyuma y’aho indege za Amerika ziguye muri Laikipia, mu gitondo cyo kuri uyu wa 1 Kamena amagana y’abaturage bo mu Karere ka Nanyuki bakoze imyigaragambyo, berekeza kuri ibi birindiro bya gisirikare.
Abasirikare ba Kenya bagaragaye bakumira abaturage bashakaga kwinjira mu kigo cya gisirikare, bifashishije ibikoresho birimo imyuka iryana mu maso ndetse n’ibifaru.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!