00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kinshasa: Hatangiye imyiteguro ya kamarampaka igamije kuvugurura Itegeko Nshinga

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 2 May 2026 saa 08:31
Yasuwe :

Abashyigikiye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangiye imyiteguro y’amatora ya kamarampaka agamije kuvugurura Itegeko Nshinga.

Igitekerezo cyo kuvugurura Itegeko Nshinga cyaturutse mu ishyaka UDPS rya Perezida Félix Tshisekedi. Abayoboke baryo bagaragaje ko bifuza ko uyu muyobozi yakwemererwa guhatanira manda ya gatatu kugira ngo abone umwanya uhagije wo gukemura ibibazo igihugu gifite.

Depite Paul-Gaspard Ngondankoy wateguye uyu mushinga, agaragaza ko Itegeko Nshinga rya RDC rikwiye kuvugururwa kuko ryemejwe mu gihe cy’inzibacyuho nyamara ngo ubu byarahindutse kuko igihugu kiyobowe na Perezida watowe.

Uyu munyapolitiki yasobanuye ko hari byinshi bidasobanutse mu Itegeko Nshinga risanzweho, cyane cyane ibyerekeye ku matora, bityo ko igihe kigeze ngo abaturage batore basaba ko rivugururwa mu rwego rwo kwirinda impaka.

Ku wa 30 Mata 2026, Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yakiriye uyu mushinga, isaba Komisiyo yayo ishinzwe politiki, imiyoborere n’amategeko kuwusesengura byimbitse mbere y’uko utorwa.

Ku batavuga rumwe n’ubutegetsi nka Delly Sesanga Hipungu uyobora ishyaka Envol, umushinga wa kamarampaka ugamije kwica demokarasi mu nyungu za Perezida Tshisekedi n’ihuriro Union Sacrée rimushyigikiye.

Sesanga yagize ati "Byose bigaragaza ko hari gutegurwa ikurwaho Itegeko Nshinga hagamijwe guha Félix Tshisekedi manda ya gatatu. Simbishyigikiye na gato. Demokarasi ntibaho hashingiwe ku mishyikirano, irarwanirirwa. Nsabye abaharanira demokarasi bose kunga ubumwe kugira ngo tubungabunge iyubahirizwa ry’itegeko n’Itegeko Nshinga kuko ni wo mutungo wonyine dusigaranye.”

Umuvugizi w’ihuriro LAMUKA ry’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, Prince Epenge, yatangaje ko Itegeko Nshinga, cyane cyane ingingo yaryo iteganya ko Umukuru w’Igihugu atagomba kurenza manda ebyiri, ritagomba gukorwaho.

Epenge yagaragaje ko kugerageza kuvugurura Itegeko Nshinga hifashishijwe Inteko bizaba ari ugutatira igihango igihugu gifitanye na ryo n’ibyifuzo by’Abanye-Congo.

Ubwo Perezida Tshisekedi yari mu nama yo guteza imbere ibikorwaremezo yabereye i Kinshasa tariki ya 8 Mata 2026, yaciye amarenga ko mu mwaka wa 2032 azaba akiyobora RDC, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bamwibutsa ko manda ya kabiri izarangira mu 2028.

Depite Paul-Gaspard Ngondankoy yateguye umushinga wa kamarampaka ugamije kuvugurura Itegeko Nshinga
Abadepite bemeye ko uyu mushinga ushyikirizwa Komisiyo ibishinzwe kugira ngo iwusesengure byimbitse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages