00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya RDC yarezwe muri ICC

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 14 July 2026 saa 08:52
Yasuwe :

Abanyamategeko bunganira Abanye-Congo barimo abakomoka mu gice cyahoze ari Katanga bareze ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga (ICC) ruherereye i La Haye mu Buholandi.

Muri iki kirego cyatanzwe tariki ya 10 Nyakanga 2026, aba banyamategeko bavuga ko ari ibikorwa 11 byakozwe n’ubutegetsi bwa RDC bigaragaza uburyo mu bice bitandukanye by’iki gihugu hakorewe ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Batanze urugero rw’impfu z’amagana y’imfungwa n’inkomere nyinshi zabereye muri gereza ya Makala mu 2024 ubwo habaga igerageza ryo gutoroka, ubwicanyi bwakorewe i Lubumbashi, Kolwezi n’ahandi muri Katanga.

Umunyamategeko Herve Diakiese, yagaragaje ko ibi byaha byagizwemo uruhare n’umutwe w’urubyiruko wa Force du Progrès ushamikiye ku ishyaka UDPS riri ku butegetsi ndetse n’abo mu bwoko bwa Tshisekedi; Aba-Luba.

Me Diakiese yagize ati “Hari imvugo zigaragaza ukwishyira hejuru muri bamwe mu bakomoka mu bwoko bwa Perezida. Imvugo nk’izo zagiye zitangazwa n’abo mu nzego z’ubutegetsi n’abafite ububasha bwa Leta, bavuga ko Aba-Luba nk’uko biyita, mu by’ukuri abaturage ba Kasai, badafite ubutegetsi gusa, ahubwo ko ‘ari bo butegetsi’.”

Undi munyamategeko, Me Bernard Maingain, yagaragaje ko mu gihe Abanye-Congo bakomeje gukandamizwa, inzego z’ubutabera z’iki gihugu ntacyo ziri kubikoraho, bityo ko ari yo mpamvu we na bagenzi be batanze ikirego i La Haye.

Me Maingain yagize ati “Ingingo ya 15 y’Amasezerano ya Rome yubahirijwe neza. Ikirego cyatanzwe n’abanyamategeko, bityo nta muntu ukwiye kugikumira. Nta wavuga ko yanze kucyakira.”

Iki kirego kandi cyatanzwe no mu Bubiligi, bitewe n’uko abavugwamo harimo abafite ubwenegihugu bwabwo. Ikizakurikiraho ni ukugisuzuma no kwemeza niba ibi byaha byakorwaho iperereza cyangwa niba ridakenewe.

Me Bernard Maingain yagaragaje ko ntacyo Leta ya RDC yakoze ku byaha byibasiye inyokomuntu byakozwe ku mugaragaro
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bushinjwa uruhare mu byaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu bice birimo Katanga na Gereza ya Makala

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages