00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya Uganda yirukanye abanyamahanga 169

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 May 2026 saa 01:39
Yasuwe :

Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Uganda yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kwirukana abanyamahanga 169 babaga muri iki gihugu binyuranyije n’amategeko.

Iyi Minisiteri yabitangaje ku wa 1 Gicurasi 2026, ivuga ko abanyamahanga 23 bagize icyiciro cya mbere basubijwe mu bihugu baturutsemo tariki ya 30 Mata, 80 bagize icyiciro cya kabiri boherezwa mu gitondo cy’uyu munsi, abandi bakaba bagomba koherezwa ku wa 2 Gicurasi.

Yasobanuye ko bose bagombaga koherezwa iwabo mu munsi umwe ariko ko habayeho ikibazo cyo kubura indege zibatwara kuko yasanze nta myanya ihagije iri mu zabonetse.

Leta ya Uganda yatangaje ko amakosa aba banyamahanga bakoze ari uko batangiye gukora akazi muri iki gihugu kandi ’visa’ bari barahawe zibemerera gukora ubukerarugendo gusa, ibyo bikaba binyuranyije n’amategeko.

Tariki ya 27 na 28 Mata 2026, abakozi b’urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka bakoze umukwabu mu bice bitandukanye by’igihugu, cyane cyane muri Kampala, bahafatira abanyamahanga 231.

Muri aba banyamahanga harimo 169 bafatiwe mu nyubako i Kampala, bakekwaho gukoreramo ibyaha birimo ubwambuzi bwifashisha ikoranabuhanga.

Abafatiwe muri iyi nyubako bakomoka muri Ethiopia, Pakistan, u Buhinde, Bangladesh, Ghana, Myanmar, Sri Lanka, Cambodge, Nepal, Indonesia na Malaysia.

Leta ya Uganda yasobanuye ko aba banyamahanga bakoze ibinyuranyije n'ibiteganyijwe muri 'visa'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages