00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abishwe na Ebola barenze 820

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 July 2026 saa 10:48
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza ku wa 15 Nyakanga 2026, byemejwe ko abantu 2124 banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo barimo 828 bamaze gupfa.

Intara ya Ituri iracyagaragaramo ubwandu bwinshi ugereranyije n’izindi ntara enye zagezemo iki cyorezo, gusa iyi Minisiteri yasobanuye ko hakajijwe ingamba zo guhangana na cyo.

Muri Kivu y’Amajyaruguru, isuzuma ku bafite ibimenyetso bya Ebola riri gukorwa ku rugero rwa 93,9%, mu gihe abahuye n’abanduye bo bari gukurikiranwa kuri 91,7%; bikaba bitanga icyizere ko guhashya iki cyorezo muri iyi ntara bishoboka.

Intara ya Kivu y’Amajyepfo ntigifatwa nk’ibamo iki cyorezo kuko hashize iminsi 50 nta murwayi mushya urabonekamo. Batatu bo mu gace ka Miti-Murhesa ni bo bari baragaragayemo. Umwe yarapfuye, babiri barakira.

Abaganga n’abakozi b’imiryango y’ubutabazi bari guhura n’imbogamizi zikomeye zirimo umutekano muke w’aho bakorera no kuba abaturage bagerageza kubitambika mu kazi kabo kuko abenshi ntibumva ko iki cyorezo gihangayikishije cyane.

Iyi myumvire ni yo ituma abaturage bibasira abaganga n’abatabazi bajya mu ngo gukurikirana abahuye n’abanduye ndetse n’abafite ibimenyetso bya Ebola, rimwe na rimwe bagatera amavuriro bagamije gutorokesha abantu babo.

Igitero giheruka mu bitaro bya Nyankunde muri Ituri tariki ya 15 Nyakanga cyatumye abarwayi bane ba Ebola batoroka, abakozi b’imiryango mpuzamahanga barimo abahanga bahungira mu Mujyi wa Bunia.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima (OMS) rigaragaza ko abantu barenga 80% bari kwakirwa n’abaganga batazi ababanduje iki cyorezo; ibica amarenga ko abantu benshi barwaye banze kujya mu mavuriro.

Leta ya RDC yatangaje ko mu bantu 2124 banduye iki cyorezo, 828 bapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages