00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Imvururu zavutse mu bitaro bivurirwamo abarwaye Ebola, batandatu baratoroka

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 May 2026 saa 05:49
Yasuwe :

Mu bitaro bikuru bya Rwampara biherereye mu Ntara ya Ituri iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaye imvururu zikomeye, abarwayi batandatu barimo batatu byemejwe ko banduye Ebola baratoroka.

Izi mvururu zadutse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 21 Gicurasi 2026 nyuma y’urupfu rw’umurwayi bikekwa ko yishwe n’iki cyorezo. Abo mu muryango we banze kwemera ko ari cyo cyamwishe, basaba ibitaro kubaha umurambo ngo bawushyingure.

Kubera ko bitemewe ko abaturage bishyingurira uwo bikekwa ko yari arwaye Ebola mu rwego rwo kwirinda ko yakwirakwira, Ibitaro bya Rwampara byimanye uyu murambo, mu burakari bwinshi batangira kwangiza ibikoresho byaho.

Ihema ryari ryarashinzwe kugira ngo rivurirwemo abanduye iki cyorezo n’ibitanda byarimo byatwitswe, imodoka ebyiri zirimo imbangukiragutabara zirangizwa, abarwayi batandatu bava mu kato, baratoroka.

Mu rwego rwo kwirinda kugirirwa nabi, abakozi bo muri ibi bitaro n’abo mu miryango ibifasha kwita ku barwayi ba Ebola bahungiye ku basirikare kugira ngo babarindire umutekano, abapolisi basigara bagarura ituze.

Nyuma y’izi mvururu hari ubwoba ko abatorotse bakwirakwiza iki cyorezo cyica ku muvuduko mwinshi.

Umurwayi wa mbere yishwe n’iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundobugyo ni uwo mu Mujyi wa Bunia muri Ituri. Yapfuye tariki ya 24 Mata 2026 ariko byemezwa ko yazize iki cyorezo nyuma y’ibyumweru bitandatu.

Kuri uyu wa 21 Gicurasi, Minisiteri w’Ubuzima muri RDC, Dr. Roger Kamba, yatangaje ko abantu 626 ari bo bikekwa ko bamaze kwandura Ebola, kandi ko 159 ari bo bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo.

Abaturage bo muri Rwampara bimwe umurambo, batwika ibirimo amahema ari kuvurirwamo abarwayi
Abashinzwe umutekano batabaye, basanga ibyinshi byangiritse
Abapolisi bakajije umutekano ku bitaro bya Rwampara nyuma y'izi mvururu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages