Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko FDLR yacengeye mu gace ka Kabuye na Kabanda ahagana saa Saba z’igicuku cyo ku wa 18 Gicurasi 2026.
Kanyuka yasobanuye ko muri Kabanda ari ho FDLR yiciye umusaza w’imyaka 77 witwa Nzirorera Nsekuye, igeze muri Kabuye ishimuta uwitwa Munenge Samuel na Karuhije Innocent.
FDLR yashinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ifite intego yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Abayobozi bayo bavuga ko bashaka kwisubiza ubutegetsi.
Uyu mutwe wifatanya n’ingabo za RDC n’imitwe ya Wazalendo mu rugamba bihanganyemo na AFC/M23 muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. Uhabwa ubufasha burimo intwaro, amafaranga n’ibiribwa.
Ubwo AFC/M23 yafataga ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru birimo Umujyi wa Goma, FDLR yahungiye mu mashyamba no mu bice bya kure birimo Walikale, ariko ntiyahagaritse umugambi wo guhungabanya umutekano.
Ni yo mpamvu amatsinda mato y’abarwanyi ba FDLR acengera mu baturage mu bice AFC/M23 igenzura, bagasahura, bakica abaturage, bagafata ku ngufu, abandi bakabashimuta nk’uko byagenze muri Bambo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!