00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sinshaka gufungwa: Museveni ku wamusabye impano y’amafaranga

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 4 January 2026 saa 07:59
Yasuwe :

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yanze icyifuzo cya Isaac Katende uzwi nka Kasuku wamusabye impano y’amafaranga avuga ko kuatanga muri ibi bihe byo kwiyamamaza byamuteza ibibazo birimo no gufungwa.

Ni ibintu byatunguye urubyiruko rwari rukurikiye ikiganiro cya ‘JazzWithJajja’ Perezida Museveni akora binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo ikiganiro cyari hafi kurangira Kasuku, umwe mu bari bayoboye ikiganiro, yasabye Perezida Museveni kumuha impano y’amafaranga, agaragaza ko asabiye urundi rubyiruko.

Perezida Museveni yagaragaje ko nubwo ubu ari Umukuru w’Igihugu, ariko ubu ari n’umukandida uri kwiyamamariza kuyobora igihugu.

Yavuze ko gutanga amafaranga muri iki gihe ari kwiyamamaza byafatwa nko gutanga ruswa, bikamuteza ibibazo by’amategeko.

Ati “Ntabwo nshaka kujya muri gereza kuko ndi umukandida. Nazafungwa kuko naba ntanze ruswa. Tugomba gutegereza kugeza amatora arangiye, hanyuma tukazabikemura.”

Yagaragaje ko abitabiriye bemerewe gusa amafaranga y’urugendo angana na miliyoni 1 z’Amashilingi ya Uganda, na ho izindi mpano zikazaza nyuma y’amatora.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda ateganyijwe kuba ku wa 15 Mutarama 2026. Ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu hari kwiyamamaza abakandida umunani.

Perezida Museveni yanze icyifuzo cy'uwamusabye amafaranga ari kwiyamamaza, agaragaza ko byafatwa nka ruswa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages