00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Abajya mu nkiko bambaye uko bishakiye baburiwe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 May 2026 saa 12:03
Yasuwe :

Urwego rw’Ubucamanza rwa Uganda rwaburiye abajya mu nkiko bambaye uko bishakiye, rubamenyesha ko uzafatwa yarenze ku mabwiriza agenga imiburanishirize y’imanza azajya ahanwa.

Rwamenyesheje abajya mu nkiko ko amabwiriza ya 2024-2029 agenga imiburanishirize y’imanza abasaba kugira imyitwarire myiza, kubaha abacamanza n’ibikorwaremezo bakoreramo.

Uru rwego rwatangaje ko kwinjira mu mbago z’urukiko cyangwa imbere mu rukiko yambaye imyambaro iriho amagambo, ibishushanyo cyangwa ibirango byibasira abandi.

Ruti “Mwambare byiyubashye mu rukiko no mu mbago zarwo, ntimunambare imyambaro iriho amagambo, ibishushanyo n’ibimenyetso byibasirana.”

Abajya mu nkiko kandi basabwe kwirinda amagambo no gukoresha mu mbago z’urukiko ibimenyetso by’umubiri byibasira abandi n’indi myitwarire ishobora kubangama irimo gusakuza no kuririmba.

Imyambarire y'abajya mu nkiko zo muri Uganda yashyizweho icyitonderwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages