Izi mfungwa zarekuwe na Guverineri wungirije w’iyo Ntara, Gabriel Kalonda Mbulu, ku itegeko rya Perezida Joseph Kabila ku wa 26 Nzeri 2016.
Radio Okapi yanditse iyi nkuru yavuze ko mu zarekuwe inyinshi ari izahoze mu mitwe yitwaje ibirwanisho mu burasirazuba bwa Congo, zo ubwazo zatangaje ko zigiye gusubira mu buzima busanzwe nyuma yo gukurwa muri gereza zari zimazemo imyaka irindwi.
Guverineri Gabriel Kalonda Mbulu, yasabye abanyamadini gufasha abo bantu bakabinjiza mu nsengero kugira ngo biborohere kwisanga mu bandi nkuko iyi nkuru ikomeza ibivuga. Abenshi muri aba ngo bakomoka mu gace ka Fizi ko muri iyo Ntara.
Kugeza uyu munsi,Gereza Nkuru ya Bukavu icumbikiye imfungwa 1400, inyinshi muri zo zikaba zarahoze mu mitwe yitwaje intwaro.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe kinini yaribasiwe n’iyo mitwe, cyane cyane mu bice by’Uburasirazuba. Ibi byatumye abanyecongo batari bake bahungira mu bihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda.
Nta mpamvu yatangajwe yashingiweho aba barekurwa, ariko mu minsi iri imbere muri iki gihugu hategerejwe amatora kandi Perezida Kabila biteganyijwe ko aziyamamaza nubwo atorohewe n’abo batavuga rumwe, bigaragambya bavuga ko kujya mu matora kwe binyuranije n’amategeko.



















TANGA IGITEKEREZO