Ibaruwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi yashyize hanze ku wa 12 Gicurasi 2020 ivuga ko Dr. Walter Kazadi Mulombo uhagarariye OMS muri icyo gihugu n’abandi bakozi bayo bakora nk’impuguke aribo Tarzy Daniel, Dr. Ruhana Mirindi Bisimwa na Jean Pierre Mulunda Nkata bafite iminsi itatu yo kuba bavuye ku butaka bw’u Burundi.
Iyo baruwa yashyikirijwe ibiro bya OMS muri Afurika bikorera i Brazzaville biha kopi ishami rya OMS i Bujumbura, ariko nta mpamvu y’uko kwirukanwa yigeze itangazwa. Dr. Walter Kazadi Mulombo yahawe guhagararira OMS mu Burundi muri Werurwe 2016.
Amakuru avuga ko kuva Coronavirus igaragaye mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazauba Dr Mulombo n’ikipe ye bashyize igitutu ku Burundi bavuga ko icyo gihugu gihisha amakuru kuri icyo cyorezo.
Kuva umurwayi wa mbere abonetse mu Burundi, abantu 15 bamaze gusanganwa Coronavirus, umwe yitabye Imana mu gihe barindwi bakize.
Si ubwa mbere u Burundi bwirukana ku butaka bwabwo abakozi b’Umuryango w’Abibumbye. Mu 2018 Leta y’u Burundi yasabye Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe uburenganzira bwa muntu gufunga imiryango burundu.
Icyo gihe yahawe amezi abiri nyuma yuko yari ihagaritswe by’agateganyo kuva mu 2016 biturutse kuri raporo ya Loni yagaragaje ko muri icyo gihugu hari ihonyorwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu.



















TANGA IGITEKEREZO