00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abantu 60 bapfiriye mu mirwano yashyamiranyije aborozi muri Sudani y’Epfo

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 9 December 2017 saa 08:59
Yasuwe :

Leta ya Sudani y’Epfo yemeje kuri uyu wa Gatanu ko abantu 60 baguye mu mirwano yashyamiranyije aborozi bo mu majyepfo y’icyo gihugu, abandi benshi barakomereka.

The East African yatangaje ko iyo mirwamo yatangiye ku wa 6 Ukuboza hagati y’imiryango y’aborozi bo mu bwoko bw’aba Dinka, aba Rup n’aba Pakam, muri kilometero 250 uvuye i Juba.

Umudepite uhagarariye agace iyo mirwano yabereyemo, akaba anungirije Minisitiri w’itumanaho, Akol Paul Kordit, yemeje ayo makuru, avuga ko iyo mirwano yakomeje kugeza ejo ku wa 8 Ukuboza.

Mu majyepfo y’iki gihugu hakunze kuvugwa imirwano ikomeye y’aborozi, aho usanga irangwa no gushimuta amatungo, gusahura imyaka no gufata abana ku ngufu.

Umuvugizi wa Perezidansi, Ateny Wek Ateny yavuze ko inzego z’umutekano ziri gukora ibishoboka ngo zihoshe imirwano.

Loni iheruka gutangaza ko ½ cy’abatuye iki gihugu bakeneye mu buryo bwihuta ibyo kurya, ndetse ko mu myaka itatu ishize, abasaga 1/3 bavuye mu byabo bajya gushakisha ibibatunga.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages