Yabigarutseho ubwo yagaragazaga ko iki gihugu cyifuza ko muri uyu mwaka nibura kizinjiza mu Ngabo z’Inkeragutabara abasivile barenga ibihumbi 100.
Abo basivile bazafasha abasirikare guhangana n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba w’aba-jihasists.
Ku wa Gatandatu tariki ya 25 Mata 2026, ni bwo Gen Célestin Simporé. Yavuze ko abaturage bafite Imyaka y’ubukure bazahabwa imyitozo ya gisirikare ku buryo bajya bifashishwa mu gihe bakenewe.
Guha abasivile imyitozo ya gisirikare ni n’umwanzuro wafashwe n’Inama y’Abaminisitiri mu rwego rwo gukomeza kubakira ubushobozi igisirikare, gushyiraho inkeragutabara no kwimakaza gahunda yo kurinda ubusugire bw’igihugu.
Biteganyijwe ko umushinga w’itegeko bikubiyemo uzanyuzwa imbere y’Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo iwemeze.
Ingabo za Burkina Faso ziyobowe na Captain Ibrahim Traoré guhera mu 2022, ziracyagowe no gutsintsura aba-jihadists bashamikiye ku mitwe y’iterabwoba nka Al-Qaeda na Islamic State.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!