Ku wa 25 Nyakanga 2025 ni bwo Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi muri Tanzania yashyizeho itegeko rikumira abanyamahanga gukora ubucuruzi buto n’ubuciriritse, bakabuharira Abanyatanzaniya.
Ni umwanzuro utaraguye neza abanyamahanga bakorera muri Tanzania cyane cyane Abanya-Kenya.
Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, yavuze ko icyemezo cya Tanzania cyo gukumira abanyamahanga gukora ubucuruzi buto n’ubuciriritse gikomeye ndetse Perezida Ruto ari gushaka icyo agikoraho.
Ati “Perezida Ruto yavuganye na Perezida Samia ku buryo bwo gukemura icyo kibazo mu buryo bwa dipolomasi.”
Minisitiri w’Ishoramari, Ubucuruzi n’Inganda wa Kenya, Lee Kinyanjui, yasabye Abanyatanzaniya kurwanya uwo mwanzuro cyangwa na Kenya ikihorera ishyiraho iryo tegeko ku Banyatanzaniya bakorera muri Kenya.
Yagize ati “Kuba Kenya izihorera byo izabikora ariko turashaka kubanza kuganira ku cyakorwa binyuze mu bwumvikane.”
Kugeza ubu Tanzania irashinjwa kudakurikiza ibikubiye mu masezerano ya EAC asaba kwemerera abagize uyu muryango gukora ubucuruzi aho bashaka hose mu karere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!