00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarenga ibihumbi 60 bahunze Umujyi El-Fasher nyuma y’uko ufashwe na RSF

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 1 November 2025 saa 10:48
Yasuwe :

Abaturage barenga ibihumbi 60 bahunze Umujyi wa El- Fasher nyuma y’uko ufashwe n’Umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) uhanganye na Leta ya Sudani.

Uyu mutwe winjiye muri uyu mujyi nyuma y’imyaka hafi ibiri warafunze inzira zimwe z’uyu mujyi ibyatumye abaturage bahura n’ibibazo bikomeye birimo inzara, kubura imiti n’ibindi.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, ryatangaje ko riri kwakira umubare munini w’impunzi mu gace ka Taliwa mu Majyaruguru ya Darfur.

Uyu muryango uvuga ko impunzi nyinshi zakirwa, ziba zitaka ibikorwa by’ubugizi bwa nabi zakorewe, birimo gufatwa ku ngufu ndetse ko uri kugorwa no kubona ibiryo n’aho gutuza izi mpunzi.

Ku ruhande rwa RSF, ihakana ko nta bikorwa by’ubugizi bwa nabi ikora dore ko iherutse no gufunga umwe mu basirikare bayo wagaragaye yica abantu badafite intwaro.

Kuva iyi ntambara yatangira muri Sudani mu 2023, abarenga ibihumbi 150 bahasize ubuzima, miliyoni 12 bava mu byabo, igihugu cyibasirwa n’amapfa.

Ibibazo bikomeje muri Sudani byatumye abaturage benshi bava mu byabo, abandi barapfa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages