00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abarinzi barindwi ba Tshisekedi bakatiwe urwo gupfa

Yanditswe na Musangwa Arthur
Kuya 12 February 2023 saa 09:21
Yasuwe :

Abasirikare barindwi bo mu ngabo zishinzwe kurinda Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, bakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo guteza imidugararo no gutuma ingabo zitsindwa urugamba mu gace ka Sake, mu nkengero za Goma.

Ni mu mirwano imaze iminsi ishyamiranyije FARDC n’imitwe byishyize hamwe, barwana n’umutwe wa M23.

Ibi bihano aba basirikare babihawe n’urukiko rwa gisirikare i Goma kuri uyu wa Gatandatu.

Abo basirikare b’ingabo za Congo (FARDC), bashinjwa kuba barateje akavuyo mu mujyi wa Sake bigatuma abaturage bagira umutima uhagaze, bamwe barakomereka abandi barapfa.

Aba basirikare kandi bashinjwa guhunga umwanzi ubwo bari basumbirijwe na M23, ku wa Kane tariki 9 Gashyantare 2023.

Icyo gihe ngo banyuze mu baturage barasa, bateza akavuyo n’impfu, banaha urwaho M23 bari bahanganye. Byatumye abaturage bahunga mu gihiriri.

Ibi bibaye mu gihe M23 ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye twa Masisi igana Sake, ahaherereye umwe mu mihanda mikuru igaburira umujyi wa Goma.

Abasirikare barindwi ba FARDC bakatiwe urwo gupfa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages