00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarundi basabwe gutera inkunga y’amafaranga amasengesho ya Perezida Ndayishimiye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 December 2023 saa 12:59
Yasuwe :

Guverineri w’Intara ya Cankuzo mu Burundi, Banyiyezako Boniface, yasabye abo ayoboye gutanga inkunga y’amafaranga igamije gushyigikira amasengesho yateguwe na Perezida Evariste Ndayishimiye n’umugore we, Angeline Ndayubaha.

Iyi nkunga isabwe mu gihe umuryango wa Perezida Ndayishimiye uteganya gukorera amasengesho asoza umwaka mu ntara ya Cankuzo guhera tariki ya 26 kugeza ku ya 30 Ukuboza 2023.

Guverineri Banyiyezako yasohoye itangazo yashyizeho umukono tariki ya 8 Ukuboza, asaba buri wese winjiza kuyatera iyi nkunga kugira ngo azagende neza.

Yagize ati “Bagore namwe bagabo, umuryango wa Perezida urashaka gukorera igikorwa cy’umugisha cy’isengesho risoza umwaka mu ntara yacu. Ni yo mpamvu ubuyobozi bw’intara bubasaba gutanga umusanzu w’amafaranga kugira ngo iki gikorwa gitegurwe neza.”

Amafaranga asabwa abatuye muri iyi ntara ari hagati ya 1000 Fbu n’ibihumbi 50Fbu. Urutonde rw’abawusabwa ruriho abakata ibyatsi (abapulanto), abarimu, abayobozi b’ibigo by’amashuri kugeza ku bakozi b’intara.

Ubusanzwe, ibiro bya Perezida w’u Burundi bigira ingengo y’imari iteganyirizwa ibikorwa by’ubuntu birimo amasengesho. Muri uyu mwaka wa 2023/2024 byagenewe amafaranga y’u Burundi miliyoni 300.

Abarundi basabwe gutera inkunga y’amafaranga amasengesho ya Perezida Ndayishimiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages