Izo mpunzi zahunze ubugizi bwa nabi n’amakimbirane amaze igihe muri icyo gice, aterwa n’imitwe yitwaje intwaro.
IOM kandi yatangaje ko abandi bantu bagera kuri miliyoni 6,1 muri Congo, bavuye mu byabo guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Uwo muryango watangaje ko ubuzima bw’izo mpunzi bukomeje kuba bubi ku buryo abenshi bafite ikibazo cy’ibiribwa n’ibindi byangombwa nkenerwa.
Abaturage bahunze cyane ni abo mu ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe abandi bagiye babura ubuzima kubera ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro.
Muri Congo yose IOM ivuga ko hari abaturage basaga miliyoni 26 bakeneye ubutabazi bwihuse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!