00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasaga miliyoni bamaze guhunga u Burasirazuba bwa RDC mu mezi atandatu

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 19 June 2023 saa 06:43
Yasuwe :

Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe abimukira, IOM, watangaje ko kuva uyu mwaka watangira, impunzi zisaga miliyoni zimaze guhunga Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Izo mpunzi zahunze ubugizi bwa nabi n’amakimbirane amaze igihe muri icyo gice, aterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

IOM kandi yatangaje ko abandi bantu bagera kuri miliyoni 6,1 muri Congo, bavuye mu byabo guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Uwo muryango watangaje ko ubuzima bw’izo mpunzi bukomeje kuba bubi ku buryo abenshi bafite ikibazo cy’ibiribwa n’ibindi byangombwa nkenerwa.

Abaturage bahunze cyane ni abo mu ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe abandi bagiye babura ubuzima kubera ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro.

Muri Congo yose IOM ivuga ko hari abaturage basaga miliyoni 26 bakeneye ubutabazi bwihuse.

Abasaga miliyoni bamaze guhunga u Burasirazuba bwa RDC mu mezi atandatu ya 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages