Aba basirikare babarizwa muri Batayo ya Kabiri y’Ingabo z’u Rwanda bakaba bayobowe na Lt Col Robert Rwagihungu bakiriwe ku wa 18 Kanama 2025.
Maj Gen Nakul B. Rayamajhi yashimiye abasirikare basoje ubutumwa bwabo cyane cyane ku bunyamwuga bwabaranze n’uruhare ntagereranywa bagize mu kugarura amahoro muri aka gace ka Malakal.
Yasabye abasirikare bashya kuzarangwa n’ubunyamwuga, ikinyabupfura ndetse no kuzabyaza umusaruro ubumenyi bahawe mu kugarura amahoro muri aka gace ndetse no gukomeza kurinda ubuzima bw’abaturage batuye muri aka gace kari karazahajwe n’imitwe y’iterabwoba.
Ku wa 26 Werurwe 2025, nibwo Ingabo z’u Rwanda zari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudan y’Epfo mu gace ka Malakal zambitswe imidali y’ishimwe kubera umuhate wazo zagaragaje mu kugarura no kubungabunga amahoro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!