00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaturage 200 bishwe n’amabandi muri Nigeria

Yanditswe na Muhonzire Sylvine
Kuya 9 January 2022 saa 02:35
Yasuwe :

Amabandi yagabye igitero muri Leta ya Zamfara iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, yivugana abaturage hafi 200 abandi bava mu byabo.

Iki gitero cyabaye kuwa Gatandatu tariki 8 Mutarama 2022 kije gikurikira ikindi cyagabwe muri iyi leta kuwa Gatanu tariki 7 Mutarama kigahitana ubuzima bw’abantu ijana.

Abaturage barokotse ibi bitero baganiriye na Reuters, batangaje ko aya mabandi yaje kuri za moto akarasa buri wese atarobanuye yihimura kuri leta iherutse kuyagabaho igitero cy’indege mu birindiro byayo mu ishyamba rya Gusami.

Igitero cy’ingabo za Leta cyasize gihitanye amabandi 100 n’abayobozi bayo babiri.

Perezida Muhammadu Buhari wa Nigeria yihanganishje abaturage bahuye n’ubu bwicanyi, abizeza ko leta itazabatererana.

Perezida Buhari yavuze ko igisirikare cy’iki gihugu kigiye gukora iyo bwabaga kigakiza abaturage aya mabandi akomeje kubica, kubiba, kubashimuta ndetse no kubangamira umudendezo wabo yaba muri Zamfara cyangwa no mu zindi leta zitandukanye za Nigeria.

Amabandi yateye abaturage muri Zmafara yicamo abagera kuri 200, aranasahura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages