00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatuye i Nairobi bagiye kumara iminsi itanu nta mazi

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 2 April 2026 saa 12:38
Yasuwe :

Minisiteri ishinzwe amazi n’isuku muri Kenya, yavuze ko kubera ibikorwa byo kwagura no kuvugurura umuyoboro utanga miliyoni 140 za litiro z’amazi asukuye buri munsi, Nairobi n’ibindi bice bizamara iminsi itanu nta mazi.

Ku wa Gatatu, tariki ya 1 Mata 2026 nibwo iyi Ministeri ibinyujije mu kigo gishinzwe kugenzura amazi (AWWDA), yavuze ko ibice bya Nairobi, Kiambu, Kajiado, Muranga na Machakos bizamara iminsi itanu nta mazi bifite.

Amazi ateganyijwe kubura kuva tariki 6 Mata 2026, saa 08:00 za mu gitondo, akazongera kuboneka ku wa 11 Mata Saa 08:00. Abaturage basabwe kuvoma amazi menshi kandi bakayakoresha neza kugeza igihe uyu muyoboro uzongera gufungurwa.

Iki kigo kivuga ko muri iyi minsi itanu hazaba hakorwa imirimo yo kuvugurura, kwagura no gusana ibice by’uyu muyoboro.

Imirimo myinshi izibanda ku miyoboro y’amazi iva Thika no ku rugomero rwa Ndakaini, ijya mu ruganda rutunganya amazi rwa Kigoro.

Ibi biri muri gahunda ya Leta yo kuvugurura imiyoboro y’amazi izabasha guhaza igihugu mu ntego z’igihe kirekire.

Abatuye i Nairobi bagiye kumara iminsi itanu nta mazi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages