00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abigeze kuyobora Afurika y’Epfo basabye ko haba ibiganiro bisuzuma ibibazo byugarije igihugu

Yanditswe na Mukaneza M.Ange
Kuya 6 May 2017 saa 01:37
Yasuwe :

Thabo Mbeki, Kgalema Motlanthe na Frederik De Klerk, bayoboye Afurika y’Epfo mu myaka yashize bifatanyije n’indi miryango, mu gusaba ko haba ibiganiro bigamije gusuzuma ibibazo byugarije iki gihugu.

Imiryango igera ku munani irimo n’uwitiriwe Desmond na Leah Tutu, ni yo yasabye ko haba ibi biganiro, bifatwa nk’umwanya mwiza wo gutekereza ku bibazo by’ubukungu na politiki byugarije Afurika y’Epfo no kubishakira umuti.

Thambo Mbeki yongeye kwibutsa ko ibibazo bihari kandi bikwiye gushakirwa umuti, kandi ko bikomeje kugira ingaruka ku mibanire mu gihugu muri rusange.

De Klerk we yagaragaje ko uretse ibibazo bya politiki, n’ubukungu butifashe neza na gato, ku kigero kitigeze kibaho kuva mu myaka isaga 20 ishize..

Ati” Nta kindi gihe ubukungu bwacu bwigeze bumera nabi kuva mu 1994. Ndetse nta washidikanya ko dukeneye ibiganiro bishya, kugira ngo tuganire kuri ibi bibazo bitatworoheye.”

Nk’uko RFI yabyanditse, Motlanthe we yagaragaje ko nibakomeza kureka ibikorwa bibi bya politiki bikaganza, amateka atazigera abibabarira.

Nubwo hari bamwe babyishimiye ariko, hari n’abandi babyamaganye barimo n’abo mu ishyaka EFF bagaragaje ko batiyumvisha uburyo De Klerk wayoboye leta yashyiraga imbere ivanguramoko (apartheid), yagira uruhare mu bisubizo igihugu gikeneye.

Thabo Mbeki wigeze kuyobora Afurika y'Epfo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages