00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’epfo: Biracyari ingorabahizi ku birabura kwinjira mu mashuri y’abazungu

Yanditswe na

Robert Mwumvaneza

Kuya 17 August 2015 saa 12:33
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka irenga mirongo 81 Afurika y’epfo ibonye ubwigenge iracyahanganira kuva ku ngoyi y’ubukoloni, nubwo yari yarayikuweho n’umwe mu ntwari za Afurika ndetse bikamuviramo no gufungwa imyaka irenga 20, “Nelson Rolihlahla Mandela”.

 Ivangura rishingiye ku ruhu;
 Ihezwa ry’abirabura mu mashuri y’abazungu;
 Imishahara y’intica ntikize ku birabura.

Ibi ni bimwe mu bibazo by’ingutu biri ku isonga mu kwinubirwa cyane n’abirabura batuye mu gihugu cya Afurika y’epfo.

Nyuma y’uko iki gihugu cyagiye kirangwa n’amakimbirane ashingiye ku ivanguraruhu (apartheid) aho abazungu batavugirwagamo n’abirabura, ariko Nelson Mandela agafata iya mbere mu kubihagarika burundu ndetse bigerwaho muri Mata 1994.

Kuri ubu ingoma zisa n’izahinduye imirishyo, aho abatuye iki gihugu bagifite umujinya w’umuranduranzuzi, binubira cyane uburyo mu bice bimwe na bimwe by’igihugu abana b’abirabura bafashwe mu mashuri y’abazungu muri iyi minsi.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru E TV, mu kiganiro-mpaka The big debate, abirabura bagaragaje akarengane bakorerwa n’abazungu batuye muri iki gihugu.

Aho abanyeshuri barenga ibihumbi 4 b’abirabura birukanwa mu mashuri yo muri Afurika y’Epfo bitewe n’ubushobozi bucye, bagashinja leta yabo kutagira icyo ibikoraho.

Ivangura rikorerwa abirabura riherutse gutuma basubiranamo

Thondeka Moyane, umunyeshuri wize muri Kaminuza ya Johannesburg, avuga ko Nelson Mandela yaharaniye ubwigenge bwa politiki, ariko bo ubu baharanira ubwigenge mu bukungu, kuko babona bagikolonijwe n’abazungu.

Abera (abazungu) batuye muri iki gihugu bigwijeho imitungo irimo amashuri, ubutaka n’ibindi bikorwa bibateza imbere, bakaba bagiheza abirabura biga mu mashuri yabo ndetse ngo n’iyo hagize abayarangiza, iyo bahawe akazi bahembwa intica nt’inkize.

Umuyobozi wungirije muri kaminuza ya Wits yo muri iki gihugu w’umuzungu, Adam Habib witabiriye iki kiganiro-mpaka, yavuze ko gusuzugura abazungu we abibona nko kwibeshya kuko bo bafite imbaraga.

Ati: “Abazungu bashobora kwishyurira abana babo amashuri meza, ariko amagana y’abirabura bava mu ishuri kubera amikoro.”

Akomeza agaragaza ko mu 2007, mu banyeshuri ibihumbi mirongo 60 bari bafite mu kigo, ibihumbi 5 bari abo mu mwaka wa mbere aho 75 ku ijana muri abo bari abirabura.

Buri mwaka, amagana y’abirabura bo muri Afurika y’Epfo bakorerwa ivangura rishingiye ku ruhu aho batakaza akazi kabo, abenshi babura amafaranga yo kwiga amashuri makuru, n’abagize amahirwe yo kuyiga ntibayarangize kubera ibibazo by’amikoro.

Afurika y’Epfo ni igihugu cyakolonijwe n’Abongereza, kikaba gituwe n’uruvangitirane rw’abirabura n’abazungu, byagiye binateza umwiryane waturukaga ku ihezwa ry’abirabura mu buzima bw’igihugu, byatumye Nyakwigehdera Nelson Mandela yiyemeza guhangana n’iryo vangura, maze muri Mata 1994 hatangazwa ko rihagaritswe.

Abirabura muri Afurika y'epfo bo ntibahwema kurwanirira uburengenzira bwabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages