Abigaragambya mu mijyi ya Cape Town, Johannesburg, Pretoria n’ahandi basaba ishyaka rya ANC riri ku butegetsi kwiga kuri Perezida Jacob Zuma bavuga ko ubutegetsi bwe bwaranzwe no gukora amakosa anyuranye, arimo kuba yarasimburanyije Abaminisitiri b’Imari bigatuma ifaranga ryabo rita agaciro mu gihe gito gishoboka.
Mu bikorwa abigaragambya bashinja Perezida Zuma harimo na ruswa bavuga ko yamunze ubutegetsi bwe, abandi bakavuga ko hakenewe Perezida udahuzagurika kandi utekerereza igihugu mu buryo bwagutse.
Zwelinzima Vavi uyoboye ihuriro ry’abacuruzi bakomeye muri Afurika y’Epfo, kimwe na bagenzi be bavuga ko batakomeza kwihanganira kuyoborwa n’umuntu utera ubwoba abaturage b’igihugu abakangisha ruswa.
The New York Times ivuga ko abirabura aribo bagize umubare munini w’abaturage ba Afurika y’Epfo, ndetse ngo banagize igice kinini cy’abari mu ishyaka rya ANC riyoboye igihugu kuva mu 1994, bityo ntibitabiriye imyigaragambyo ku bwinshi ariko abazungu bayigaragayemo ari benshi binatanga ishusho nyayo y’ibyandikwaga ku mbuga nkoranyambaga bisaba Perezida Zuma kwegura.



















TANGA IGITEKEREZO