Ni ubwisungane bwitezweho gufasha abaturage benshi kubona ubuvuzi badahenzwe.
RFI yatangaje ko 16% by’abaturage ba Afurika y’Epfo ari bo bari basanganywe ubwishingizi bw’ubuzima bahabwa n’ibigo byigenga.
Guverinoma y’icyo gihugu yatangaje ko Afurika y’Epfo ari cyo gihugu cya mbere ku isi aho kwivuza ku muturage byari bihenze cyane.
Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko gutangiza ubu buryo bw’ubwisungane mu kwivuza, bizafasha abatishoboye n’abafite amikoro aciriritse, kugera kuri serivisi zo kwivuza aho kuba ibinutu byahariwe abakire.
Iri tegeko ryarwanyijwe n’amavuriro yigenga kubera ko yamenyeshejwe ko atazajya yishyurwa mu gihe yahaye serivisi abaturage kandi izo serivisi ziboneka mu bitaro bya Leta.
Abatavuga rumwe na Leta nabo bamaganye iryo tegeko kuko bavuga ko rizatuma ibitaro byuzuramo abarwayi imitangire ya serivisi ikagenda nabi, kandi ko ayo mafaranga abaturage bazajya batanga ngo bivuze ashobora gucungwa nabi biturutse ku mikorere y’ishyaka ANC isanzwe itavugaho rumwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!