00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Oscar Pistorius yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 31 March 2023 saa 07:46
Yasuwe :

Umunya-Afurika y’Epfo wamenyekanye mu mikino y’abafite ubumuga yo gusiganwa ku maguru, Oscar Pistorius, yangiwe kurekurwa kuri uyu wa Gatanu nyuma yo gukatirwa igifungo cy’imyaka 13 kubera icyaha cyo kwica umukunzi we.

Urwego rushinzwe Imfungwa rwatangaje ko Akanama gashinzwe gusuzuma iby’abagomba kurekurwa kasanze Pistorius atujuje igihe gihagije agomba kumara muri gereza kugira ngo abone kurekurwa.

Uru rwego rwatangaje ko bizongera gusuzumwa nyuma y’undi mwaka. Ibiganiro ku irekurwa rye byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu aho afungiye.

Pistorius ubu ufite imyaka 36 yishe arashe Reeva Steenkamp wari umunyamideli, ubwo bwari bucye ari ku munsi w’abakundana mu 2013.

Ababyeyi ba Steenkamp bari bamaganye ifungurwa rya Pistorius, bavuga ko batizeye ko yavugishije ukuri ku byabaye kandi ko atigeze agaragaza ukwicuza ku byo yakoze.

Kuri uyu munsi bishimiye icyemezo cyafashwe nk’uko inkuru dukesha France24 ibivuga.

Mu 2012 Pistorius yabaye umuntu ufite ubumuga bw’ingingo witabiriye imikino Olempike mu Bwongereza.

Oscar Pistorius yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages