Tariki ya 4 Ugushyingo, Peter Frederiksen w’imyaka 63 ufite iduka ricuruza imbunda ntoya, yagejejwe mu rukiko nyuma y’uko afatiwe mu mujyi rwagati wa Bloemfontein muri Nzeli 2015 hashingiwe ku makuru yatanzwe n’umugore abwira polisi ko yamukase igitsina ibice byacyo akabibika.
Nkuko AFP yabitangaje, abakoze iperereza kuri uyu mugabo bavuze ko bamusanganye ibindi bice bisaga icumi byaciwe ku bitsina by’abagore barindwi yakonjeshaga ndetse n’amafoto y’urukozasoni y’abana.
Muri 2004 nibwo uyu mugabo yatahuwe ko akora akazi karimo gukata ibice by’ibitsina by’abagore. Yasanganywe imiti itera ikinya, ibyuma byo kubagisha n’ibice bibiri by’imyanya y’igitsina gore yumye imanitse mu cyuma.
Umugore wa Frederiksen witwa Anna Matseliso Molise, w’imyaka 28 bari bafitanye abana babiri, yari yateganyijwe nk’umutangabuhamya w’ibanze ariko aza kwicwa arasiwe imbere y’inzu ye iri mu mujyi wa Maseru muri Lesotho mu kwezi gushize.
Mbere y’uko apfa yabwiye polisi ko yahawe inzoga nyinshi ubwo yakatwaga ibice by’igitsina. Kugeza ubu nta muntu uraryozwa urupfu rw’uyu mugore.
Umucamanza Marlene Marais yavuze ko uretse ibijyanye n’indishyi, icyaha cya Frederiksen ari kimwe n’ibyaha by’ubwicanyi no gufata ku ngufu.
Frederiksen ashinjwa ibyaha birimo gukata abagore ibitsina, akagambane kagamije ubwicanyi, ubushurashuzi no gukora no gukwirakwiza filimi z’urukozasoni z’abana.



















TANGA IGITEKEREZO