Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Smail Chergui yavuze ko ibyemezo byafatiwe mu nama idasanzwe y’uyu muryango yiga ku Burundi ari uko ubwicanyi bugomba guhagarara byihuse.
Abinyujije kuri Twitter, yagize ati « Ubutumwa bwumvikana buturutse mu nama y’amahoro n’umutekano y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe ni uko ubwicanyi mu Burundi bugomba guhagarara ».
Muri iyi nama hemejwe ko Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe utazigera wihanganira na rimwe ko ku butaka bwawo hongera kubera Jenoside nyuma y’iyakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994 igahitana ubuzima bw’abarenga miliyoni.
Muri iyi nama kandi harigirwamo uburyo hakoherezwa ingabo z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu Burundi.
Leta y’u Burundi ivuga ko nta Jenoside ishobora kuba muri iki gihugu.
Ku wa Gatanu tariki 12 Ukuboza mu mujyi wa Bujumbura habereye imirwano yahitanye abarenga 100. Leta y’ u Burundi ivuga ko abantu bitwaje intwaro bateye ibigo bitatu bya gisirikare. Bamwe mu baturage bavuga ko inzego z’umutekano zinjiye mu ngo zikica inzirakarengane.
Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu Zei Ra’ad Al Hussein yavuze kuri uyu wa Kane ko u Burundi buri mu bihe bikomeye bishobora kuvamo imvururu n’ubwicanyi bushingiye ku moko.
Kuva muri Mata uyu mwaka, u Burundi bwaranzwe n’imvururu zishingiye kuri manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza itaravuzweho rumwe. Abarenga 300 bamaze gupfa, naho abandi basanga ibihumbi 200 bahunze igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO