CEDEAO yari yatanze icyumweru cyo kuba Bazoum wahiritswe tariki 26 Nyakanga, yasubijwe ku butegetsi bitakorwa hakaba hakwifashishwa ingufu za gisirikare.
Ku wa Mbere Akanama k’umutekano ka AU karateranye ngo kige ku bibazo biri muri Niger.
Igitekerezo cyo kohereza ingabo muri Niger cyatewe utwatsi na benshi nk’uko Le Monde yabitangaje nubwo biteganyijwe ko itangazo ryuzuye riza kujya hanze kuri uyu wa Gatatu.
Muri iyi nama yamaze amasaha icumi, yasojwe hemejwe ko ibyo gukoresha ingufu za gisirikare muri Niger bitarimo kuko bihabanye n’uburyo bw’uwo muryango bwo gukemura amakimbirane.
Icyakora mu bihano bishobora guhabwa Niger harimo kuyihagarika mu miryango yose n’inzego za AU kugeza igihe ibyayo bisubiriye ku murongo.
Kohereza ingabo muri Niger, AU ivuga ko bishobora kurushaho guteza ibibazo amaraso y’abaturage akahamenekera, mu gihe kugeza ubu nta muntu n’umwe uragwa muri iri hirikwa ry’ubutegetsi rimaze ibyumweru bitatu ribaye.
Uyu mwanzuro nuramuka utangajwe uraba uhabanye n’ibyifuzo bya bimwe mu bihugu bigize CEDEAO ndetse n’iby’i Burayi na Amerika, byari bishyigikiye ko hoherezwa ingabo zo gusubiza ku butegetsi Bazoum.
Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na we yari yatangaje ko ashyigikiye iryo yoherezwa ry’ingabo, icyakora amakuru Le Monde ifite ni uko atabanje kubigishaho inama n’izindi nzego za AU by’umwihariko Akanama gashinzwe umutekano n’amahoro ari nako gashinzwe imyanzuro ijyanye no gukemura amakimbirane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!