Mu itangazo Al Shabaab yashyize ahagaragara yanavuze kandi ko muri icyo gitero yishe abasirikare barenga 100, mu gihe mu minsi ishize yari yavuze ko 63.
Uretse kuvuga ko impande zombi zatakaje abantu, Leta ya Kenya ntiyigeze itangaza imibare y’abashimuswe gusa umwe mu basirikare bakuru yavuze ko hagikorwa iperereza kugira ngo harokorwe abafashwe.
Minisitiri w’Ingabo muri Kenya, Raychelle Omamo, yavuze ko Kenya itazaterera iyo kuri ibi bitero kandi ko bashyizeho inzego zibishinzwe ziri kubikurikirana.
Umugaba w’Ingabo za Kenya Gen. Samson Mwathethe, yirinze kuvuga byinshi aho yavuze ko kuri ubu ikibaraje ishinga ari ugushaka abasirikare babuze.
Yongeye ho kandi ko aba barwanyi bateye ingabo zishyize hamwe mu kubungabunga amahoro muri Somalia (AMISOM) ndetse n’igisirikare cya Somalia bakoresheje imodoka zuzuye ibisasu.
Kuwa 15 Mutarama, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko abasirikare b’igihugu ayoboye baguye mu mirwano mu gitero cyari cyagabwe kuri AMISOM ariko ntiyavuga umubare.
Al Shabaab ikorera muri Somalia ishaka gukuraho ubutegetsi buriho ikimika Leta iyoborwa n’amahame y’idini ya Islam.



















TANGA IGITEKEREZO