00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Al Shabaab yatanze integuza y’ibitero simusiga kuri Uganda n’ u Burundi

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 15 May 2015 saa 09:35
Yasuwe :

Inzego z’umutekano muri Uganda ziri gukora iperereza rikomeye ku butumwa bwatanzwe n’umutwe wa Al Shabaab binyuze ku rubuga rwa Youtube, uvuga ko ugiye kugaba ibitero bikomeye muri Uganda kuko abayituye banze kumvira Imana, “Allah”.

Nyuma y’ ubu butumwa bufite umutwe ugira uti: “Ubutumwa bwa nyuma bw’ugiye gutera Kampala”, Polisi yatangaje ko iri gukora iperereza ku mwimerere w’aya mashusho.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, yagize iti: “Nk’uko abaturage babizi ku bijyanye n’iterabwoba, byaba ukuri cyangwa se ari ugukeka ntabwo inzego z’ umutekano zibica ku ruhande.”

Aya mashusho yashyizwe hanze mu minsi itanu ishize, agaragaza umugabo wambaye gisirikare afite imbunda, ahamagarira abantu kwinjira muri uyu mutwe muri Somalia no kugaba ibitero kuri Uganda n’ u Burundi.

Mu minsi ishize nabwo Polisi yaburiye abaturage nyuma y’ibitero byagabwe muri Kenya, bigahitana abantu basaga 147 muri Kaminuza ya Garissa, bikaza kwigambwa na Al Shabaab.

Al Shabaab ifite umugambi wo kwihimura kuri Uganda n’u Burundi kuva iki gihugu cyohereza abasirikare bo kurasa uyu mutwe muri Somalia, mu 2007. Al Shabaab ikaba ibashinja gukomeza kwica abayoboke b’idini ya Islam kandi boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubutumwa bwashyize ku rubuga rwa YouTube


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages