Iri tegeko kuri bamwe ryagaragajwe nk’ikimenyetso cy’uko umubano w’ibihugu byombi ukomeje kujya habi ndetse ko aribwo bwa mbere ibi bihugu byombi byabaho bidacana uwaka kuva mu myaka 63 ishize Algerie yabona ubwigenge icitse ubukoloni bw’u Bufaransa.
U Bufaransa bwakolonije Algerie kuva mu 1830 kugeza mu 1962. Iki gihugu cyo mu Barabu cyabonye ubwigenge nyuma y’intambara y’imyaka irindwi impande zombi zirwana, yasize iguyemo abantu barenga miliyoni 1,5 biganjemo Abanya-Algerie.
U Bufaransa bugaragaza ko umubare w’abapfuye utigeze ugera kuri icyo kigero.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, aherutse kwemeza ko ibyo igihugu cye cyakoreye muri Algerie mu gihe cy’Ubukoloni ari ibyaha byibasira inyokomuntu gusa ntabwo yigeze abisabira imbabazi.
Ibi ni bimwe mu byatumye abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Algerie batora uyu mushinga w’itegeko usaba ko u Bufaransa bwasaba imbabazi ndetse bukanatanga indishyi y’akababaro ku byaha bwakoze ubwo bwakolonizaga iki gihugu.
Ubwo iri tegeko ryatorwaga, abagize inteko bari bambaye furali ziriho amabara y’iki gihugu banaririmba bati “Urakabaho Algerie.”
Ku rundi ruhande Guverinoma y’u Bufaransa ntabwo iragira icyo itangaza kuri iri tegeko ryatowe ribasaba gusaba imbabazi no gutanga indishyi y’akababaro ku byaha yakoze muri Algerie.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!