Ubutumwa bwa email bwohererejwe Abafaransa batuye muri uyu mujyi buvuga ko Kinshasa umaze igihe irangwamo umutekano muke n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi mu nzira nyabagendwa, byibasira Abafaransa bakorera muri iki gihugu.
Ubu butumwa bukomeza busaba aba bakozi kwirinda kugenda n’amaguru mu duce tumwe na tumwe twa Kinshasa.
Bugira buti “Hashingiwe ku bikorwa byagaragaye mu minsi ishize haba ku manywa cyangwa nijoro mu duce turimo Gombe, si byiza kuhakorera ingendo z’amaguru.”
Mu bagira uruhare mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi harimo n’abana bo mu muhanda ndetse bimaze gufata indi ntera kuko bisa n’aho bihaye ububasha bwo gukubita, guhohotera no kwica abantu bakoresheje imipanga.
Abakurikirana iby’iyi myitwarire bavuga ko inzego z’ubuyobozi zisa nk’aho zatereye agate mu ryinyo ku buryo zitagira icyo zibikoraho ndetse polisi ubwayo aho kurengera abaturage nayo igira uruhare mu kubasahura.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!